in ,

” Niba udatura ntaho utaniye n’umusambanyi”Apotre Mutabazi

Apôtre Mutabazi Kabarira Maurice, umushumba w’Itorero New Covenant Kingdom Citizen na Minisiteri yitwa World Foundation, avuga ko gutura amafaranga 500 y’u Rwanda rikwiye gutangwa n’abakozi bo mu rugo ndetse ko umukirisitu udatura ahwanye n’usambana.

 

Apôtre Mutabazi Kabarira Maurice, umushumba w’Itorero New Covenant Kingdom Citizen na Minisiteri yitwa World Foundation, avuga ko gutura amafaranga 500 y’u Rwanda rikwiye gutangwa n’abakozi bo mu rugo ndetse ko umukirisitu udatura ahwanye n’usambana.

Uyu mushumba avuga ko umukiritu akwiye gutanga amaturo kandi menshi kuko abakozi b’Imana bagomba kubaho neza kandi bagatungwa n’ibiva mu maboko y’intama bayoboye.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na IGIHE, ku ngingo ijyanye n’iby’abapasiteri bahesha umugisha umuntu babanje kumusaba amaturo.

Yagize ati “Imana yigeze kumbwira ngo ‘ituro ry’inote y’ijana ni iry’ababoyi n’abayaya ariko hari abarifashe nk’iry’aba ‘VIP’.”

Akomeza avuga ko abapasiteri benshi batangira batinya kwigisha abakirisitu ku bijyanye no gutura ariko ngo si byo.

Ati “Abantu benshi bagitangira umurimo bigira inuma ntagatifu ku mamera, bagashaka kutavuga amafaranga. Ikintu cy’amafaranga nushaka kugica ku ruhande cyangwa ugashaka kukivuga unonera, umurimo uzakunanira. Imana ntabwo ishyigikiye abakirisitu batajya batanga. Umuntu niba atanze nk’amafaranga 500 mu cyumweru agasengamo iminsi ine, aba atanze ibihumbi bibiri kandi ahembwa nk’ibihumbi 800 cyangwa 500. Ayo mafaranga atura yazamara iki? Niba udatura wumva ko pasiteri wawe azatungwa n’iki? Azarya sitariya? Gutanga ituro ni itegeko ry’Imana.”

Yakomeje agira ati “Uba mu Itorero ryanjye nkamenya ko usambana nakora iki? Hari amatorero amwe abahagarika, hari andi avuga ati ‘tuzakomeza tumwegere’. Uko ibyo babikora ku musambanyi ni ko nabikora ku mukirisitu udatura; ni ikintu kimwe, umukirisitu udatura ntaho ataniye n’usambana.”

 

Written by YEGOB HIT

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Iyi nkumi iraririra mu myotsi nyuma yo kwifotozanya na Raila Odinga

Ngiki ikintu cyasebeje Princess priscillah yumva ko asebye byimazeyo