inyigisho
Ngaya amayeri asigaye agoboka abahungu bashaka gutereta inkumi.

Burya umusore w’inyaryenge muri iki gihe iyo ashatse kugutereta inkumi akayemeza, ntahutiraho, ahubwo aza gake gake, akureshya uko bwije n’uko bukeye ugashiduka urukundo rwaragutwaye umutima utazi uko byagenze.
Aya rero ni amwe mu mayeri abasore basigaye bifashisha mu nzira nziza yo kwemeza umukobwa:
1.Yifuza kumenyana nawe no gutunga nimero ya telefoni yawe
Iyo muhuye n’umusore bwa mbere, ukabona afite inyota yo kumenya byinshi kuri wowe, burya ujye umenyako aba yafashe akikubona. Ni nayo mpamvu akenshi azahita ashaka ubundi buryo mwazongera kubonana ntabure amahirwe yo kubonana nawe. Kubwo kumwereka ko wihuta rero, ni yo mpamvu yihutira kukwaka nimero ya telefoni kugirango muzabashe kuzavugana.
2.Iyo ameze kubona nimero yawe ya telefoni, igisigaye aba ari kujya avugana nawe Umusore wagukunze muri ubu buryo cyakora akenshi ntiyihutira kubikubwira, ahubwo usanga agerageza kuguhamagara gake gake gashoboka, byibura nka kabiri mu cyumweru kugera igihe mumaze kumenyerana, musabana muri make mutangiye kwiyumvanamo.
3.Akunda kukubaza amakuru ajyanye n’ ubuzima bwawe
Burya umusore uzi kwinjirira umukobwa cyane, akenshi aba yirinda impamvu n’imwe yatuma umukobwa amuhakanira nyuma bikaba byamugiraho ingaruka yo kubabara. Ni yo mpamvu agenda akora uko ashoboye kose ngo abashe kukwiyegereza, ntube wagira icyo umukinga(umwiyumvemo), kuburyo utazamenya igihe yagusabiye urukundo, ugashobora gushiduka bisa nk’ibyikoze cyera.
Uzasanga akunda kukoherereza ubutumwa bugufi akubaza uko umerewe, uko waramutse ndetse n’uko wiriwe ku buryo nawe ubona ko akwitayeho bityo nawe utangire kumutekerezaho cyane/byinshi.
4.Kwifuza ko utemberana na we ahantu runaka
Aha twatanga Ku rugero nko mu misa, kureba umupira n’ahandi. Ibi biba bigaragaza neza ko aterwa ishema no kuba ari kumwe nawe cyangwa akanifuza ko bibonwa na buri wese ko akundana n’umuntu nkawe. Aba atekereza ko mu gihe umwemerera utuntu nk’utwo tugiye dutandukanye, ari nako bishobora kumworohereza mu gihe akubwiye ijambo nyamukuru NDAGUKUNDA.
5.Yifuza kumenyana no gusabana n’inshuti zawe za hafi
Ubu buryo bufasha umusore wagukunze kumenya neza ibyo wanga n’ibyo ukunda, kugirango ajye abasha kubizirikana no kubyubahiriza igihe cyose abonye amahirwe yo kuba ari kumwe nawe. Kandi koko nawe kuko aba yaraguhaye umwanya wo kuba wamutekerezaho, bituma umubonaho ya mico ukunda bityo bikaba byakunyura , mu gihe agusabye urukundo ntube wazuyaza kuvuga YEGO.
Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating
Comments
0 comments
-
urukundo19 hours ago
Umusore yaryamye mu muhanda hagati abantu benshi barahurura maze ahita atungura umukunzi we amwambika impeta(AMAFOTO)
-
Ubuzima19 hours ago
Dore uko bigenda ku mubiri wawe iyo unyoye amazi mu gitondo ukibyuka .
-
Mu Rwanda12 hours ago
Umunyamakuru ukomeye mu Rwanda yatewe n’abajura baramukomeretsa
-
Hanze8 hours ago
Umusore mukuru arashakisha akana k’agakobwa batahanye ubukwe bambariye abageni cyera|abantu byabatunguye
-
Ikoranabuhanga12 hours ago
Abakoresha WhatsApp kababayeho nimutitonda!
-
inyigisho18 hours ago
Amwe mu makosa akomeye abakobwa b’ingarugu bakunze gukora akaba yabaviramo kugumirwa barebye nabi.
-
Mu Rwanda7 hours ago
Biratangaje:amaze imyaka 20 yose angana gutya||ntiwamenya ko ari umukobwa kubera uburyo akinamo umupira.
-
Mu Rwanda7 hours ago
Agahinda n’urwibutso Samantha afitiye umwana we uherutse kwitaba Imana
1 Comment