in

Musanze:umukobwa wakoraga akazi ko murugo yaguwe gitumo agiye gucikana akayabo k’amafaranga yari yibye aho yabaga

Mu karere ka musanze kuri uyu wa mbere 17,ukwakira,2022 umukobwa w’imyaka 18, yatawe muri yombi nyuma yo kumusangana amafaranga y’u Rwanda 1,544,000 bicyekwa ko yibye umukoresha we, aho yakoraga akazi ko mu rugo mu murenge wa Cyuve.bivugwa ko yafashwe nyuma y’uko umukoresha we ahamagaye avuga ko abuze amafaranga aho yari yayabitse ku mugoroba wo ku Cyumweru avuye ku kazi.

Habayeho ibikorwa byo gusaka aho uyu mukozi yararaga, biza kugaragara ko hari amafaranga yari yahishe mu mwenda wa matola araraho no mu isakoshi ye, yose hamwe angana na Miliyoni 1 n’ibihumbi 544 Frw ahita atabwa muri yombi.”

Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza kuri iki cyaha cy’ubujura mu gihe amafaranga yafatanywe yasubijwe nyirayo.

Itegeko rivuga ko uwuhamwe n’icyaha cy’ubujura ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Imikino yibirarane itegereje As Kigali muri shampiyona yu Rwanda harimo nuwa Apr FC

“Hashimwe Rugira wakungabiye rukundo rwanjye, uri byose byanjye” Bahavu Jeannette yatomagije umugabo we Legend mu mitoma myinshi