in

Kigali: amafaranga ibihumbi bibiri yatumye benshi baba abatinganyi

a couple hold each other's hands in the background of the sunset

Benshi mu rubyiruko rutuye mu mujyi wa Kigali rukomeje kuvuga ko ruri kubeshya ko ruryamana n’abo bahuje igitsina mu rwego rwo kubona amafaranga ibihumbi 2 ahabwa abaryamana bahuje igitsina.

Abiganjemo urubyiruko rwo mu Mujyi wa Kigali, bemeza ko bitewe n’ubushomeri no gushaka indonke, hari igihe biba ngombwa ko babeshya ko bari mu bakundana n’abo bahuje ibitsina kugira ngo bahabwe ariya mafaranga n’iriya mishinga ibafasha.

Ibi bituma iyo buri gihe habaye igikorwa cyo gupima virusi itera Sida cyangwa kureba uko ubuzima bw’abakundana bahuje ibitsina buhagaze, hari abaturage batari bake babyitabira kugira ngo bahabwe ayo mafaranga aba ari hagati ya 2000 Frw na 3000 Frw.

Aba bemeza ko ntacyo amafaranga atakoresha umuntu ndetse bakavuga ko ikingenzi ari uko bayabona.

Bakomeje bavuga ko bagenda bazi ibibazo barababaza kuburyo batabavumbura, bavuga ko Kandi uretse amafaranga banaba udukingirizo natwo bakatugurisha.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

VIDEWO: Rufonsina wo mu ‘Umuturanyi’ yarokotse impanuka ikomeye cyane ya moto yari imicuye amaguru

Umukinnyi wa APR FC yabwiwe n’umwungiriza wa Adil ko azavamo umutoza w’igihangange