in

Karongi: Umugore yabyaye umwana ahita amwicana ubugome ndetse anamutaba mu gikari kugira ngo umugabo we atamenya ko amuciye inyuma akabyarana n’abandi bagabo

Karongi: Umugore yabyaye umwana ahita amwicana ubugome ndetse anamutaba mu gikari kugira ngo umugabo we atamenya ko amuciye inyuma akabyarana n’abandi bagabo.

Umugore wo mu Karere ka Karongi, arakekwaho icyaha cyo kubyara umwana akamwica ndetse akamushyingura mu gikari cye ngo umugabo we ufunzwe atazamenya ko yamuciye inyuma.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rwimpongo, Akagari ka Ruragwe, Umurenge wa Rubengera, aho bikekwa ko iki cyaha yagikoze tariki 28 Kanama 2023, kuko bukeye bwaho tariki 29 abaturanyi be babonye ameze nk’uwabyaye ariko ntibabona umwana.

Abajyanama b’ubuzima bari bamaze igihe bakeka ko atwite ariko babimubaza akabihakana, dore ko nta na rimwe yigeze ajya kwipimisha nk’umugore utwite; mu gihe abaturanyi be nyuma yo kubona inda ye itakimeze uko yari imeze, babimenyesheje ubuyobozi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB), batangira gukurikirana baza kumenya ko yabyaye umwana akamutaba mu gikari cye.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rurangwe, Mushimiyimana Glatien yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko mu gukomeza gukurikirana, kuri uyu wa 04 Nzeli 2023 aribwo bamenye ko uyu mugore yabyaye umwana, akamutaba.

Ubusanzwe uyu mugore ni umubyeyi w’abana babiri, aho umukuru ari mu kigero cy’imyaka 6, ni mu gihe umugabo we afungiye icyaha cyo gutekera abantu umutwe agamije kubambura amafaranga.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mama wa Nyiramana uherutse kwitaba Imana yavuze ijambo ryanyuma umukobwa we yamubwiye mbere y’uko yitaba Imana ni mazi abari aho bahita bumva ko hari ikintu kizima yatabarukanye

Abaturage batsembye bagaramye ko badashobora kwishyura Mituweli, ahubwo bo bavuze ko Yesu yayibishyuriye ko rero bo badakwiye kwishyura 2