Nubwo ikipe ya FC Barcelone ikibabajwe ndetse ihangayikijijwe n’uko izamera nyuma yo kugurisha Neymar mw’ikipe ya Paris Saint Germain ku mbaraga z’uyu mukinnyi utaramenya neza igihe azatangirira gukina mw’ikipe ye nshya kubera impapuro ziva muri Espanye zitaragera muri FIFA,nyamara uyu musore agiye kurega iyi kipe.
Neymar ubwo yongeraga amasezerano muri Barca umwaka ushize,se umubyara akaba na agent we yemerewe miliyoni 26 z’amayero uyu musore naba agikinira ikipe ya Barca kw’italiki 31 nyakanga,ari nako byagenze kuko uyu musore yagiye muri PSG nyuma y’iyo taliki,nyamara iyi kipe ikaba yaranze neza neza gutanga aya mafaranga.
Neymar na se bakaba bagiye kugeza ikirego kuri FIFA nk’uko abanyamategeko babo babitangarije ikinyamakuru Sky sports.Ayo mafaranga nyuma y’ayo masezerano akaba yarabikijwe noteri nyamara Barca ikaba yarayisubije iyongera ku yo uyu musore yaguzwe.