in

Imodoka ifite ibirango bya Congo yavaga muri RDCongo yahiriye i Rusizi

Imodoka yavaga i Kamanyola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yerekeza i Bukavu inyuze mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’ikongi igenda irakongoka abaturage baratabara bafasha abayirimo n’ibyabo babicungira umutekano.

Iyi modoka ya campany imwe ikorera muri RDCongo yavaga Kamanyola yerekeza i Bukavu ariko inyura mu karere ka Rusizi mu Rwanda kuko ariho hari inzira ya hafi.

Ubwo iyi modoka yageraga muri aka karere yafashwe n’inkongi y’umuriro, ariko abaturage batabarira hafi bafasha abarimo bavamo amahoro ndetse n’ibyabo ntihagira icyangirika.

Iyi modoka yari irimo abantu babiri ndetse ntawagiriye ikibazo muri iyi modoka. Aba bari barimo bahamagaye campany yabo iboherereza indi modoka yo kubatwara.

Iyi mpanuka yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 14 Gashyantare 2024. Ndetse amakuru ahari avuga ko yatewe n’umuriro wagurutse mu nsinga zo murk moteri.

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru y’akababaro: undi mukinnyi yapfiriye mu kibuga ari gukina -AMASHUSHO

kugeza ubu Sadio Mané ntarabana n’umugore we Aisha Tamba baherutse gukora ubukwe mu minsi ishize.