in ,

Ikipe yirukanywe mu mupira w’amaguru kubera ibitego yatsinze

Ikipe ya Matiyasi FC yo muri Limpopo muri Afurika y’epfo yahagaritswe burundu mu mupira w’amaguru nyuma yo gutsinda indi kipe ibitego 59-1 mu mukino umwe gusa.

Matiyasi FC yari mu kiciro cya kane ikaba yatsinze ibi bitego mu gihe bashakaga kuzamuka bajya muri ABC Motsepe League, aricyo kiciro cya gatatu muri Afurika y’epfo.

Ikipe ya Matiyasi FC yari ku mwanya wa gatatu ku rutonde irushwa amanota atatu n’ikipe ya kabiri, ariko inarushwa ibitego 18 ku bitego zizigamye uko ari ebyiri.

Icyabaye n’uko ubwo bakinaga umunsi wa nyuma w’iyi shampiyona, iyi kipe ya Matiyasi FC yatsinze iyitwa Nsami Mighty Birds ibitego 59-1. Igitangaje muri ibi nuko ibitego 41 byose ari abakinnyi ba Nsami Might Birds babyitsinze, byatumye ishyirahanwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’epfo batangiza iperereza kuri iri sanganya.

Ibi bitego kandi sibyo byinshi gusa byagaragaye kuri uyu munsi wa nyuma kuko Shivulani Dangerous Tigers yari ihanganiye na Matiyasi FC umwanya wo kuzamuka, yatsinze ikipe yitwa Kotoko Happy Boys ibitego 33-1, harimo ibitego birindwi abakinnyi na Kotoko bitsinze.

Nyuma y’uko bigaragaye ko haba habayeho kugurishwa imikino(Match fixing), Matiyasi FC yahagaritswe burundu mu mupira w’amaguru. Ndetse FarPost ivuga ko Nsami Mighty Birds, Shivulani Dangerous Tigers na Kototo Happy Boys zagaragaye muri iyo mikino ibiri nazo zaba zahagaritswe.

Ikipe yirukanywe burundu kubera insinzi yayo. 

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abakundana bose babaye nka Ali na Mimi isi yaba paradizo (Umva amajwi n’imitoma bateranye)

Umugore yihenuye ku mugabo we wize ubuforomo ,none reba ibyamubayeho