in

Ibiciro byo kuzareba umukino w’Amavubi na Mali byamenyekanye.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA)ryashyize hanze ibiciro byo kuzareba umukino uzahuza Amavubi na Mali y’abaterengeje imyaka 23 uzaba kuwa gatandatu.


Amavubi yageze kw’ijonjoro rya kabiri nyuma yo gusezerera ikipe y’igihugu ya Libya y’abaterengeje imyaka 23 kugiteranyo kibitego bine kuri bine mu mikino yombi.

Ibi byatumye Amavubi akomeza mu kiciro gikurikiyeho aho azacakirana na Mali ku itariki ya 22 Ukwakira 2022 kuri stade mpuzamahanga ya Huye i saa Kenda aho kwinjira kuri uwo mukino amafaranga make ari igihumbi cy’Amanyarwanda(1000Rwf)ahasanzwe,mu gihe ahatwikiriye ari amafaranga ibihumbi bitanu (5000Rwf)ndetse no mu myanya y’icyubahiro ushaka kuhicara azitwaza ibihumbi cumi na bitanu (15000)ugakanda *939#ushaka kugura itike.

Amavubi amaze igihe mu myiteguro ikakaye ibera mu karere ka Huye.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

“Imana yamaye impano ihebuje -“Bahavu Janet yateye imitoma umugabo we ku isabukuru y’amavuko ye

Meddy nyuma yo gukora ubukwe agarutse mu yindi sura yo kuramya no guhimbaza Imana