in

Haruna Niyonzima bamuzanye nk’umwami! Udushya twagaragaye mu birori bya Rayon Day birimbanyije muri Kigali Pele Stadium – AMAFOTO

Ibirori by’umunsi w’igikundiro birarimbanyije kuri Kigali Pele Stadium aho abahanzi nka Bushali na Platini bataramiye abafana ba Rayon Sports bavuye imihanda yose buzuye stade.

Ubwo Platini P yasusurutsaga Aba-Rayons, yamaze kugera ku rubyiniro ahera ku “Icupa” asusurutsa abafana ba Rayon Sports.

Uyu muhanzi asanzwe ari umukunzi wa Gikundiro ndetse yifashishijwe mu kumurika umwambaro wayo mushya.

Ndetse kandi muri ibi birori, hagarahayemo abakora imyitozo yo gushimisha abantu ibizwi nka Corobasi, hagaragaye kandi irobo yari ndende igenda mu kibuga

Ubwo abakinnyi bavaga mu rwambaririro, Haruna Niyonzima yaje ateruwe mu ntebe nk’umwami.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

West Ham iri hafi gusoza kugura Crysencio Summerville

APR FC yatsindiwe muri Tanzania, Rayon Sports yo itsindirwa i Nyamirambo