in

Gakenke: Habereye ibimeze nk’ibitangaza aho igiti cyamereye mu rukuta rw’inzu ishaje maze abahatuye bakayoberwa ibanga cyakoresheje (AMAFOTO)

Mu Karere ka Gakenke habereye ibimeze nk’ibitangaza aho igiti cyamereye mu rukuta rw’inzu ishaje maze abahatuye bakayoberwa ibanga cyakoresheje.

Ni inzu yo mu myaka yo hambere aho yaje kumeramo igiti mu buryo bukomeje gutangaza abatuye ahongaho.

Iyi nzu yamezemo icyo giti, iherereye mu Mudugudu wa Ganzo Akagari ka Kageyo mu Murenge wa Rushashi.

Amakuru avuga ko iyo nzu yarakoreragamo icyahoze ari Urukiko rwa kanto rwa Rushashi, ariko ikaba itagikorerwamo kuko ishaje dore ko ngo yaba yarubatswe mu myaka ya mbere ya za 1970.

Ku rukuta rw’iyo nzu hafi y’igisenge cyayo niho icyo giti kireshya na metero zisaga 20 giterekeye, imizi yacyo ikaba yaragiye imanuka hasi inyuze mu matafari igera ubwo inatobora sima ibasha kwinjira mu bujyakuzimu bw’ubutaka.

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke bwana Nizeyimana Jean Marie Vianney yabwiye Kigalitoday dukesha iyi nkuru ko bagiye kureba uko basana iyo nzu.

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Banze kujya i Huye kwitegura APR FC: Inzara iravuza ubuhuha muri Rayon Sports

Yatakambye yivuye inyuma! Turahirwa Moses yatakambiye urukiko maze arusaba gukorerwa ibintu mu buryo bwa vuba