in

Ese ukeneye kuruhuka? Ibibazo ufite ukabibonera ibisubizo! Niba koko ubicyeneye dore ikintu kizagufasha

 

 

Ni kenshi cyane tunyura mu bibazo ariko kubyihanganira bikatunanira, rimwe na rimwe ugasanga bidukoresha ibyaha, bikavamo kwiyahura ndetse bikaba byatuma duteshuka no ku nshingano dufite.

Bavandimwe bene data, ndababwiza ukuri ko kwizera Yesu / Yezu Kristo nk’umwami n’umukiza nicyo kintu cyonyine kizagufasha guca mu bibazo urimo.

Wenda sindi intungane ku Mana ariko ngewe ikintu kima amahoro ni Ijambo ryayo. Niba wumva ufite ibibazo uko byaba bimeze kose, kandi ukaba ushaka kuruhuka uziyambaze Ijambo ryayo.

Wenda sindi intungane ku Mana ariko ngewe ikintu kima amahoro ni Ijambo ryayo. Niba wumva ufite ibibazo uko byaba bimeze kose, kandi ukaba ushaka kuruhuka uziyambaze Ijambo ryayo.

Ntibigusaba kuba ukiranutse cyangwa ufite impano zo gukiza indwara, kubonekerwa, guhanura, kubwiriza cyangwa izindi ! Ahubwo bigusaba ukwizera no kwemera gusa.

Igihe wumva uremerewe jya ufata bibiliya yawe, cyangwa korowani yawe, cyangwa se ikindi gitabo k’Imana ugisome. Ariko ndakubwiza ukuri ko nusoma icyo gitabo udafite ukwizera ntacyo bizakumarira, ariko niba ufite ukwizera kungana byibuza n’igice cy’urugemwe rw’ururo, uzasobanukirwa kandi imihangayiko yawe yose izashira.

Hahirwa uwizera ibyo atarabona kurenza uwizera abanje kwibonera. Kandi ntugahangayike wibaza uko ejo uzabaho kuko byose biri ku ingenga y’Imana. Dore ko utagomba kugerageza uwiteka Imana yawe.

Imana ibahe ibyo mu keneye ibavure n’imihangayiko yanyu mu izina ry’umwana wayo. Amena

 

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Arambiwe guhora yambarira abandi! Dj Phillpeter yatewe ifuhe n’ubukwe bwa Miss Elisa na Prince Kid ahita yivamo ijambo rikomeye cyane

Ubwo se ari wowe, nawe ninde uzaba ushatse undi! Selena Gomez yeruye avuga ibyiyumviro afitiye umuhanzi Rema