in ,

Erik Ten Hag atangaje benshi nyuma y’ibyo asabye ubuyobozi bwa Manchester United kuri Cristiano Ronaldo

Umutoza mukuru wa Manchester United Erik Ten Hag yasabye ubuyobozi bw’iyi kipe ko bwamukura imbere Cristiano Ronaldo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere nibwo hasakaye amashusho ya Cristiano Ronaldo avuga ko atubaha umutoza Erik Ten Hag kuko nawe ngo ntabwo amwubaha, ndetse Kandi ko ngo muri Manchester United nta minduka zigaragaramo kuva mbere hose.

Erik Ten Hag nyuma yo kumva amagambo Cristiano Ronaldo yatangaje yari yirinze kugira icyo abivuga ho ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri yasabye ubuyobozi bwa Manchester United ko bwarekura uyu mukinnyi.

Ibi bikomeje guca igikuba ku mugabane w’iburayi kubera Aya magambo Cristiano Ronaldo yatangaje ndetse akanavuga ku bakinnyi bakinanye muri Manchester United bayobowe na Wayne Rooney, amuvuga ho ko ngo amugirira ishyari.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Christiano Ronaldo akomeje guca ibintu nyuma yo kwirata ubwiza bwe kuri mugenzi we

Umuhanzikazi Ariel Wayz ari mu byishimo bikomeye nyuma yuko indirimbo ye ihatanye n’izabahanzi bakomeye nka Harmonize,Zuchu ndetse na Ykee Benda