in

Diamond Platinumz yashimiye byimazeye Jason Derulo bakoranye “Koma Sava

Umuhanzi Diamond Platinumz, ufite inkomoko muri Tanzania, ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Uyu muhanzi yasangije abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa bwuzuye ishimwe, aho yashimiye umuhanzi w’Umunyamerika Jason Derulo kubera ubufatanye mu gusubiranamo indirimbo yiwe “Koma Sava”.

 

Diamond Platinumz yagaragaje ko yize byinshi kuri iki gihangange mu muziki wo muri Amerika, avuga ko gufatanya byamuhaye amasomo akomeye mu muziki.

Yagize ati, “Ubufatanye bwacu muri ‘Koma Sava’ bwampaye byinshi byo kwiga, kandi byatumye mba umuhanzi mwiza kurushaho. warakoze Jason Derulo, tuzakomeza gufatanya.”

Indirimbo “Koma Sava” ni imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane, yaba muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Ubufatanye hagati ya Diamond Platinumz na Jason Derulo bwahaye iyi ndirimbo ingufu nyinshi, bituma ikundwa n’abatari bake ku isi hose.

 

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ibihara by’Inkende bikomeje guca ibintu mu Burundi no Rwanda !

Amafoto: Rayon sports yahagurukije izindi ntwaro ebyiri zageze i Kigali