in

Breaking News: Abatoza bazavamo uzatoza Amavubi bamaze kumenyekana

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yashyize hanze abatoza bari guhatanira umwanya wo kuba umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe nibwo FERWAFA yabwiye uwari umutoza w’amabubi Mashami Vicent ko batazamwongerera amasezerano kubera ko ayo yari afite yari yagize ku musozo.

Nyuma yo kurangizanya na Mashami Vicent, FERWAFA yahise itangira gushaka umutoza uzasimbura Mashami. Mu gushaka umutoza yagiye yakira impapuro zisaba akazi z’abatoza bagiye batandukanye.

Kuri uyu wa gatatu FERWAFA yaje kwerura isohora amazina ya bamwe mu batoza bari gushaka gutoza Amavubi

Abo batoza ni:

  1. Alain Giresse (FRANCE)
  2. Sunday Oliseh (NIGERIA)
  3. Sebastian Migne (FRANCE)
  4. Gabriel Alegandro Burstein (ARGENTINA)
  5. Hossam Mohamed El Badry (EGYPT)
  6. Ivan Hasek (CZEK-REPUBLIC)
  7. Stephane Constantine (ENGLAND)
  8. Noel Tossi (FRANCE)
  9. Tony Hernandez (SPAIN)
  10. Arena Gugliermo (SWITZERLAND)

Kuva ku wa 2 Werurwe 2022, ikipe y’igihugu Amavubi nta mutoza mukuru ifite kuko nibwo amasezerano ya Mashami Vicent yarangiye.

Written by GUTER

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Inzovu yasekeje abantu kubera ibintu yakoze ubwo yashakaga kwicara (Videwo)

Hamenyekanye igitsina cy’umwana Meddy na Mimi bagiye kwibaruka