in

Birabe ibyuya! Igitaramo cya The Ben i Burundi cyimuriwe mu kigo cya Gisirikare

Igitaramo The Ben agiye gukorera i Bujumbura ku wa 1 Ukwakira 2023 cyimuriwe mu kigo cya gisirikare bitewe n’uko cyitezweho kwitabirwa n’abantu benshi ndetse no mu rwego rwo gucunga neza umutekano wabo.

Iki gitaramo cyamaze kwimurirwa ahitwa ‘Mess des officiers’ nk’uko IGIHE yabitangarijwe n’umwe mu bari kugitegura.

Yagize ati “Ni inama twagiriwe n’ubuyobozi bwacu nyuma yo kubona uburyo iki gitaramo gishobora kwitabirwa cyane. Badusabye ko cyashyirwa mu kigo cya gisirikare kuko ari ahantu hanini kandi hizewe umutekano waho.”

Uwatanze amakuru yavuze ko nta kindi cyahindutse kuri iki gitaramo uretse aho cyagombaga kubera kandi bizeye ko abazacyitabira babimenya bose.

The Ben wageze mu Burundi ku wa 27 Nzeri 2023, agomba gukorera ibitaramo bibiri i Bujumbura.

 

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abatega imodoka rusange bongeye gutekerezwaho! RURA yamaze impungenge abafite imodoka zabo bwite bangaga gutwara abagenzi basanze ku cyapa babuze imodoka (gutanga lift) ngo kuko bacibwaga amande

Cyimuriwe mu kigo cya gisirikare! Impinduka ku gitaramo The Ben yari afite i Bujumbura mu Burundi