in

Birababaje:Umwana w’imyaka 11 yemeye kwiyahura ku isabukuru y’amavuko ya mama we kubera ijambo ribi yamubwiye.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 11 gusa yemeye kwiyahura ku munsi w’isabukuru y’amavuko ya mama we nkimpano y’umunezero yamuhaye dore ko nyina yari yamubwiye ko atigeze na rimwe amwishimira kuva yamubyara.

Urupfu rw’uyu mwana w’umuhungu rwateje agahinda kenshi mu muryango we. Uyu mwana wo muri Nigeria utavugwa amazina ibinyamakuru bitandukanye birimo kenyaninsight byatangaje ko kwiyahura kwe ari impano yahaye nyina nk’uko yabisobanuye mu nyandiko ye mbere yo kwiyahura.

Mu nyandiko yasize mbere yo kwiyahura, yavuze ko nyina yamubwiye ko yatakaje umunezero wose akivuka, akaba ari yo mpamvu se yabasize kandi ko atigeze agaruka. Yavuze kandi ko ku isabukuru y’amavuko ya nyina, yifuza ko azajya agira umunezero kandi akongera kwishima no kugarura umunezero yari yarabuze.

Yavuze ko n’ubwo nyina yamubwiye ko atazigera amukunda, umwana we yifuza ko nyina azamenya ko we amukunda nk’umubyeyi kandi ko ari umubyeyi mwiza kuruta abandi bose. Yizera ko azamutekereza igihe cyose, bakazahurira no mu ijuru.

Babyeyi mujye mwirinda kubwira abana banyu amagambo abakomeretsa,kuko bibahungabanya mu mitekerereze.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Aho yaciye ntihaca urwango koko:Diamond Platnumz yongeye kugaragara yasuye Zari Hassan wahoze ari umugore we.

Byari amarira gusa !ubwo wa musore mwiza uherutse kwitaba Imana yashyingurwaga.