in

NdabikunzeNdabikunze NDASETSENDASETSE

Bimwe mu bintu bikomeye umukobwa ugiye kurongorwa aba yibwira.

Hari bimwe mu bintu twakwita nkinzozi umukobwa wese witegura kurushinga aba atekereza.

Dore ibintu 5 ashyira imbere iyo atekereza ku rugo yitegura gushinga.

1.Gukundwa iteka

Umukobwa uri mu rukundo n’umusore bagiye kurushinga aba asa n’uri muri paradizo kandi akabona bitazashira, uko babanye batararugeramo akibwira ko bizahoraho. Nyamara iyo witegereje neza usanga nta rukundo rukomeza mu rugo rw’abashakanye nkuko byahoze batarabaza kuko hari byinshi bihinduka.

2.Kwigenga

Iyo umukobwa agiye kuva iwabo aba yumva ko aruhutse kwirirwa agenzurwa n’ababyeyi cyangwa abandi babanaga akumva ko kwitwa umugore mu rugo bizatuma yigenga ntawe uzongera kumugendaho. Umukobwa utekereza gutya akenshi aba yibeshya cyane kuko hari ubwo asanga umugabo amugenzura kurenza abandi yigeze kubana nabo.

3.Ubukire

Umukobwa wese ugiye gushinga urugo usanga yifuza kandi akumva ko urugo rwe ruzaba agahebuzo mu bukire nta na kimwe azigera yifuza ari iwe.Iki ni nacyo gituma abakobwa benshi baba bashaka abagabo b’abakire bumva ko bagiye gukira kakahava.

Hari ubwo amara kugera iwe bwa bukire bukayoyoka neza neza bitewe n’impamvu zitandukanye. Iyo bigenze gutyo uba ugomba kubyihanganira kuko ntiwasubira iwanyu ngo nuko ubukire wagiye ureba butakibarangwaho.

4.Kwagura umuryango

Buri mukobwa wese ajya gushaka yizeye ko agomba kubyara abana ashaka, ibitsina byombi, ntiyibuke ko bashobora no kubura urubyaro cyangwa akabyara igitsina kimwe kuko siwe wiha.

Niba rero warishyizemo ko ugomba kubyara kandi neza uko ubyifuza, nibitagenda uko wabishakaga ntibizakubuze kubaka no gukomeza gukundana n’uwo mwashakanye kuko burya Imana niyo igenera umuntu.

5.Guhunga ibibazo

Akenshi hari ubwo umukobwa ajya gufata umwanzuro wo gushaka umugabo yibwira ko ari uburyo bwo guhunga ibibazo yari afite cyangwa kubikemura, akibwira ko ntaho azongera guhurira nabyo.

Ntaho umuntu ashobora guhungira ibibazo kuko hose birahagera ariko ibyo mu rugo byo usanga birenze kuko inshingano ziba zabaye nyinshi. Bityo rero mukobwa nuhura n’ibibazo birenze ibyo wagiraga utararwubaka ntibizaguce intege cyangwa ngo ubyinubire kuko biba bikureba kandi amahirwe uba ufite nuko uba ufite uwo mufatanya kubikemura.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Bamwe mu banyamakuru bogeza neza umupira mu Rwanda abantu bakaryoherwa

Breaking News: U Rwanda rugiye kwakira amarushanwa akomeye ku isi