in

Arsenal ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye

Arsenal yasigaranye impungenge zikomeye nyuma yo kunganya na Liverpool ibitego 2-2 mu mukino wo ku Cyumweru. Myugariro Gabriel Magalhães yavuye mu kibuga kubera imvune ku ivi, ashyira umutoza Mikel Arteta mu gihirahiro. N’ubwo Jurrien Timber yari agarutse mu kibuga nyuma y’igihe kinini atagaragara, na we yasimbuwe mu minota ya nyuma y’umukino, ashimangira ibibazo by’imvune iyi kipe irimo guhura na byo.

 

Ikipe yatozwa na Arteta yari yinjiye mu mukino idafite William Saliba, wakatiwe imikino nyuma yo guhabwa ikarita itukura mu mukino wa Bournemouth, ndetse na kapiteni Martin Ødegaard wari umaze igihe afite imvune. Bukayo Saka na Timber, bari bafite impungenge ku buzima bwabo, bemerewe gukina n’ubwo batari ku rwego rwabo rusanzwe. Umukinnyi mushya Riccardo Calafiori we ntiyagaragaye mu mukino kubera imvune.

 

Kubera ko Saliba atakinnye, Arteta yashyize Ben White mu mutima w’ubwugarizi, ariko ubwo Gabriel yagiraga ikibazo ku ivi mu gice cya kabiri, byamusabye kumusimbuza umunya-Poland Jakub Kiwior. Ibi byatumye Arteta agira impungenge z’uburyo azatunganya ubwugarizi mu mikino iri imbere.

 

Arsenal irimo kugira ibihe bigoye muri uyu mwaka w’imikino, aho ibibazo by’imvune n’ibihano by’abakinnyi byagize ingaruka ku mikorere y’ikipe. Umwaka ushize, abakinnyi b’ingenzi bari barakinnye imikino myinshi, barimo Declan Rice, Saliba, Ødegaard, Gabriel, White, Havertz, Martinelli, na Saka. Gusa muri uyu mwaka, imvune n’amakarita atukura amaze guhabwa abakinnyi nka Saliba, Rice, na Leandro Trossard byabangamiye gahunda za Arteta.

 

Gabriel ashobora gusiba imikino iri imbere mu gihe imvune ye yaba ikomeye, ariko Saliba aragaruka mu mukino wa League Cup bazahuramo na Preston North End ku wa Gatatu. Gusa Arteta azasabwa guhitamo neza ikipe izakina umukino ukomeye na Newcastle United mu mpera z’icyumweru. Lewis-Skelly, umusore w’imyaka 18, yinjiriye mu mwanya wa Timber, ariko Arteta ashobora kumushakira umwanya muto, kugira ngo amurinde igitutu cy’imikino ikomeye.

 

N’ubwo Arsenal ikomeje guhura n’ibi bibazo, yifitiye ikizere cyo kwitwara neza, kuko yamaze guhura n’amakipe akomeye nka Manchester City, Liverpool, Aston Villa, na Tottenham. Imikino iri imbere isa n’iyoroshye, bitanga icyizere ko iyi kipe izahangana n’ibibazo by’imvune mu gihe abakinnyi bakomeye bazaba bamaze gukira.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru nshya kuri Kiyovu Sports

Rusizi impanuka ikomeye yateje ibibazo