in

Ariko ni mukuru wanjye! Bruce Melodie ashyize hanze ukuri ku bimuvugwaho we na The Ben

Umuhanzi Bruce Melodie yatangaje ko nta ruhare agira mu kuba abantu bamugereranya na mugenzi we The Ben yemeza ko afata uyu muhanzi nka mukuru we ndetse ko ari umuntu we.

Ibi Bruce Melodie yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Kiss FM kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023. Uyu muhanzi yabajijwe iby’ihangana rivugwa hagati ye na The Ben, asubiza avuga ko we atabibamo ahubwo bikorwa n’abandi.

Yagize ati “Njyewe ntabwo mbibamo, bikorwa n’abandi. Ariko si na bibi iyo abantu babirimo ari abandi, byaba ari ikibazo ari njye ubyuka nkamwataka, ariko ni mukuru wanjye.”

“Reka mbisobanurire abantu. The Ben akora indirimbo z’urukundo ariko njye nkora iz’isi. Mubifate nk’amakipe buriya abakinnyi nta kibazo cyabo ariko hari igihe usanga abafana babahanganishije.’’

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

APR FC inyagiwe imvura y’ibitego basohoka isoni zabishe

Sha ujyiye kubise byakubera! Umunyarwenya Clapton Kibonge yagizwe igitaramo kubera amafoto yashyize hanze afite inda nini wagirango aratwite -AMAFOTO