in

Ama G yanze kuripfana, avuze amagambo akomeye kuri Bruce Melodie na Rocky.

Umuraperi Ama G the Black yavuze kuri Rocky na Bruce Melodie avuga ko Bruce Melodie abeshya ko yasinye amasezerano ya milliyari ari ibinyoma.

Aganira na YAGO TV SHOW Ama G yabajijwe abantu bamubeshye cyangwa se babeshye bagamije gutwika maze agaruka kubyamamare birimo Bruce Melodie uherutse gusinya kontaro ya miliyari, avuga ko ari ikinyoma. Mubandi yagarutseho harimo na Rocky Kirabiranya uherutse kubeshya ko yakoze ubukwe.

Ama G muri iki kiganiro hari aho yagize ati: “Bino byo kutubeshya ngo muri gutwika muri gutwika mwitwika bro! uri gutwika ariko uri no kwitwika, iyaba wabimenyaga”

Yakomeje agira ati: “Rocky yatubeshye ko yakoze ubukwe, yarabukoze? Ariko kuki mupfukirana ukuri”. Yabajijwe ikintu yahereyho asobanura ko ibya Rocky by’ubukwe byari ugutwika, maze byihuse asubiza agira ati: “Ni uko Amafoto yasohotse y’ubukwe bwa Rocky ahuye n’indirimbo ya Papa Cyangwe na Social Mula. Iyo ni fact nayisubiraho nkayihagararaho”.

Yongeyeho ko ikindi yashingiraho ari uko atazi umugore we, mu gihe Rocky we umugore wa Ama G amuzi, atabiciye ku ruhande yamwise umutwitsi.

Yabajijwe undi wamubeshye cyangwa wabeshye abantu, abwira Yago ko ashaka kumuteranya n’abantu, cyokora bemeranya ko agiye kuvuga ibyo abo bantu babeshye ariko ntavuge amazina yabo. Yahise akomeza ati “Hari uwatubeshye ko yaguze apartement, nyiri inzu aravuga ati inzu yanjye abana bansajije ngo narayigurishije, yarayikodesheje ukwezi”.

Yakomeje avuga ku bijyanye n’abakomeje kugenda babeshya ko bagiranye amasezerano n’ibigo bikomeye bikabaha amasezerano y’amafaranga menshi. Aha yagize ati: “Ibi by’amakontaro byo ntabwo nabivugaho cyane ibintu birebire, ariko man ntaho ziriya kontaro zibaho man! Ntuzambeshye, bibaho umuntu ari kuza akaza akavuga ngo kampani nayikwamamariza, wowe urambwira ngo Nizzo kabose ngo yasinye ngo kontaro ya miliyoni 20 man? Niyo mpamvu njyiye nanjye gusinya tiriyari niba ari uko mushaka, ngo Melodie ngo yasinye miliyari man? Ingengo y’imari hahahaha ariko sha!”.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Agahinda ka Bajeneza wasabwe kwica umwana we udasanzwe, umugabo we akaburirwa irengero.

Ubwiza bwe busaza abasore benshi kandi atagira igitsina.