Ubuzima
Akamaro ushobora kuba utazi ko gukoresha ibishishwa by’indimu.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’abongereza kivuga ku byerekeye imiti, cyatangaje ko amavuta aboneka mu gishishwa cy’indimu afite ubushobozi bukomeye bwo kwica mikorobe. Aya mavuta afite ubushobozi bwo kwica imiyege, bagiteri na virusi. Ibi bivuze afasha mu kurwanya ibicurane, ibibazo mu gifu bituruka kuri mikorobe kimwe n’ubundi bwandu bwose buturuka kuri bagiteri.
Birinda bikarwanya diyabete
Ibishishwa by’indimu birimo PolyMethoxylated Flavones (PMF) ubushakashatsi bwerekanye ko bifasha mu kurinda diyabete no gutuma umusemburo wa insulin ukora neza. Ibi bishishwa kandi bigabanya urugero rw’ibinure na cholesterol, bizwiho gutera ibibazo bitandukanye nka diyabete n’umubyibuho ukabije.
Bigabanya igipimo cya cholesterol mu maraso
Ibishishwa by’indimu bifasha mu kurinda ibyago byo kwandura indwara z’umutima. Bimwe mu binyabutabire biboneka mu bishishwa by’indimu bifasha mu kugabanya igipimo cya cholesterol iyo ubishyize mu byo urya byawe.
Bifite ubushobozi bwo gusukura no gusohora uburozi mu mubiri
Ibishishwa by’indimu bikungahaye cyane ku birinda n’ibisohora uburozi (antioxidant) mu mubiri bifasha mu kurinda uturemangingo fatizo (DNA) kuba twakwibasirwa na kanseri. Kimwe mu binyabutabire biboneka mu gishishwa cy’indimu, mandarine cg se pamplemousse/grapefruit bigabanya kwangirika k’uturemangingo biturutse ku mirasire.
Bituma igogorwa rigenda neza
Ibishishwa by’indimu bifasha mu igogorwa, bigabanya gutumba n’ibyuka uba wumva mu mara. Ibinyabutabire byitwa limonene biboneka cyane mu gishishwa bifasha mu kugabanya ikirungurira, ifasha kandi mu kugabanya kugaruka kwa aside yo mu gifu, ikongera uburyo amara agenda, bityo ibiryo bikanyura neza mu rwungano ngogozi.
Ibishishwa by’indimu bikoreshwa bite?
- Ushobora kubikuzaho intoki ku ndimu cg se udukoresho twabigenewe (zester) hamwe n’icyuma.
- Ufata ibyo bishishwa ukaba wabivanga n’imitobe ugiye kunywa cg yogurt cg ukaba wabyongera kuri salade zitandukanye.
Icyitonderwa:Ni ngombwa gukoresha indimu nzima kandi zahinzwe mu buryo busanzwe. Indimu zihinzwe kijyambere ziba zarakoreshejweho imiti itandukanye ishobora kuba irimo ibindi binyabutabire byakwangiza ubuzima. Niba ufite ikibazo cya kalisiyumu nke mu mubiri, cg utubuye mu mpyiko ni ngombwa kubanza kugisha inama muganga mbere yo kuba wakoresha ibishishwa by’indimu.
Comments
0 comments
-
urukundo18 hours ago
Umusore yaryamye mu muhanda hagati abantu benshi barahurura maze ahita atungura umukunzi we amwambika impeta(AMAFOTO)
-
Ubuzima19 hours ago
Dore uko bigenda ku mubiri wawe iyo unyoye amazi mu gitondo ukibyuka .
-
Mu Rwanda11 hours ago
Umunyamakuru ukomeye mu Rwanda yatewe n’abajura baramukomeretsa
-
Hanze7 hours ago
Umusore mukuru arashakisha akana k’agakobwa batahanye ubukwe bambariye abageni cyera|abantu byabatunguye
-
Ikoranabuhanga11 hours ago
Abakoresha WhatsApp kababayeho nimutitonda!
-
inyigisho17 hours ago
Amwe mu makosa akomeye abakobwa b’ingarugu bakunze gukora akaba yabaviramo kugumirwa barebye nabi.
-
Mu Rwanda7 hours ago
Biratangaje:amaze imyaka 20 yose angana gutya||ntiwamenya ko ari umukobwa kubera uburyo akinamo umupira.
-
Mu Rwanda7 hours ago
Agahinda n’urwibutso Samantha afitiye umwana we uherutse kwitaba Imana