in

Abarundi nibo bagiye kuzaca impaka hagati y’u Rwanda na Ethiopia mu gushaka itike ya #CHAN2023

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Nzeri 2022 nibwo hateganyijwe umukino wo kwishyura uzahuza U Rwanda na Ethiopia mu ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike yo kujya muri Chan2023.

Uyu mukino wo kwishyura uzabera kuri sitade mpuzamahanga y’Akarere ka Huye mu gihe ubanza banganyijemo ubusa ku busa wari wabereye muri Tanzania kuri Uwanja wa Mkapa.

Impuza mashyirahamwe mu mupira w’amaguru muri Afurika ‘CAF’ yemeje ko abasifuzi mpuzamahanga bakomoka mu Burundi bayobowe na Gatogato Georges nk’umusifuzi wo hagati ko aribo bazayobora uwo mukino.

Gatogato azafatanya na Willy Habimana nk’umusifuzi wa mbere wo ku ruhande, Pascal Ndimuzigo ari umusifuzi wa kabiri w’igitambaro n’aho umusifuzi wa kane ni Djaffari Nduwimana

Ni mu gihe kandi CAF yahisemo umunya-Djibouti, Mohammed Moumin Ali azaba ari Komiseri w’umukino.

Salah Ahmed Mohammed Saleh ukomoka muri Sudan ni we uzaba agenzura abo basifuzi.

 

 

Written by OLIVIER NTANTURO

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

“Abana ntabwo bazasonza mpari” Junior Giti yihaye umukoro wo kuzita ku muryango wa mukuru we Yanga yasize

Umunyamakuru ukomeye mu mikino kuri RBA ari mu byishimo bikomeye n’umugore we nyuma yo kwibaruka ubuheta (Ifoto)