in

Abakinnyi 2 b’ikipe yatwaye igikombe umwaka ushize bagarutse mu myitozo nyuma y’uburwayi bamaranye iminsi

Abakinnyi bari bamaze iminsi myinshi b’ikipe ya AS Kigali bari bamaze iminsi barwaye aribo Niyonzima Olivier Sefu na Kakule Mugheni Fabrice bagarutse mu myitozo.

Hashize iminsi abakinnyi babiri ba AS Kigali badakora imyitozo nyuma yuko iyi kipe ivuye mu mikino ny’Afurika kubera ikibazo cy’uburwayi bivugwako ari cyo batangarije ubuyobozi bw’iyi kipe.

Niyonzima Sefu na Mugheni Fabrice nyuma y’icyo gihe cyose ku munsi w’ejo hashize ubwo iyi kipe yakoraga imyitozo ya nyuma yitegura ikipe ya Musanze FC nabo bakoranye n’abandi imyitozo.

Nubwo ibi byose ariko birimo kuvugwa, Hari amakuru avuga ko aba bakinnyi banze gukora imyitozo kubera ikibazo cyari muri iyi kipe cy’uko Hari amafaranga bari batarishyurwa nubwo bemeza ko byari uburwayi.

Ntabwo bisanzwe ko umukinnyi yakora imwitozo umwe gusa yarangiza agakinishwa umukino, aba bakinnyi byitezweko umukino As Kigali irakina na Musanze FC uyu munsi bashobora kudakoreshwa.

Musanze FC na AS Kigali uyu mukino zigiye gukina, n’ikirarane cya Shampiyona bitewe nuko AS Kigali yari mu mikino ny’Afurika yakuwemo ku cyiciro cya kabiri ubwo yakurwagamo na Al Nasr yo muri Libya.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Nyuma yo kurongora umugore umwe yababajwe no gusanga yarabyaye umwana hanze

Uhuye nabo wakwiruka; Dore ubwoko budasanzwe aho bagira amano abiri gusa nayo ateye mu buryo budasanzwe