in

Yemi Alade w’imyaka 34 ari ku gitutu cyo kurongorwa kuko imyaka yamujyanye

Umuhanzikazi w’Umunya-Nigeria Yemi Eberechi Alade wamamaye nka Yemi Alade yavuze ko ahangayikishijwe n’abantu bamushyira ku gitutu cyo gushaka umugabo, avuga ko igihe nikigera bizaba.

Uyu mukobwa w’imyaka 34 yabigarutseho mu Kiganiro yagiranye na Cool FM, aho yagaragaje ko akomeje gushyirwaho igitutu n’abantu bamusaba ko ashaka umugabo.

Yagize ati “Abantu barashyingirwa, by’umwihariko mu mpera z’umwaka. Ntabwo niyumvamo igitutu. Ubwo igihe cya nyacyo kizagera bizaba. Igitutu cy’umuryango kiba kigoye kucyihanganira no kucyigaranzura, kuko gituruka ku bantu nubaha kandi ndeberaho, baba bakomeza kunsunika ngo ndongorwe.’’

Yemi Alade avuga ko gufata umwanzuro utari wo byaba bibi kurusha kugenda gake kugeza igihe umuntu abonye uwo Imana yamugeneye.

Ati “Nubwo nizera ko baba bafite inyungu nziza kuri njye ku mutima, bagomba kuzihangana bakantegereza kubera ko kubona umuntu wa nyawe mufatanya urugendo rw’ubuzima mu rukundo ni cyo kintu cy’ingenzi kuruta kurushinga. Ibirenze ibyo, sintekereza ko umuntu agomba kwirukira gufata umwanzuro udakwiriye wo gushaka umuntu utari we.’’

Yemi Alade ntabwo yakunze gushyira hanze ubuzima bw’urukundo ariko yavuzwe mu nkuru zarwo n’abarimo Umuraperi Phyno na Mr Flavour bo muri Nigeria.

 

 

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Haruna Niyonzima ni we ubayoboye: Ikipe y’abakinnyi 11 batahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi umwanya ku wundi

50k ni agatonyaga! The Ben yatanze miliyoni zirenga 13 yubakisha aho bazamutwererera