in

Yasize atubwiye amagambo akomeye gusa yuzuyemo ukuri gusa

Ibihe bihora bihinduka gusa jya uhitamo kuba uwo uriwe bicye utunze bikunyure maze w’ishimire ubuzima ubayemo.

Bizagufasha gusiga isi arinziza kurusha uko wayisanze mwana wange byose byiza ubona ku isi si wowe byaremewe gusa utazabibona ngo ugire umururumba ushake kwiharira no kugira indanini bikuviremo kubura ubumuntu.

Impano iruta izindi muntu afite ni ubuzima ubwo rwose ubuzima bwahinduka bubi gute gusa nicyo kintu kingenzi aba afite kuko iyo burangiye nawe biba burangiye.

Mwana wange hari ubwo uzagorwa ugahurwa kwizera abantu gusa abantu twese ntidusa mu bantu habamo abeza na babi ni uhura na beza gusa ntuzagirengo ababi ntibabaho ni unahura nabi gusa ntuzagirengo abeza ntibabaho isi niko iteye.

Ubuzima ni buguhira uzibuke abo mwakuranye urebe aho bari maze ubafashe ibyo ushoboye ubyo ni ubikora mwana wange umukoro nguhaye uzaba uwutsinze.

Written by Kubwayo JD

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umuhanzikazi ukomeye yajyanywe kwa muganga igitaraganya kubera kwanga gusurira umukunzi

Umutoza wa rayon sport atanze igisubizo cy’ibibazo biri muri rayon