in

Yamufatiranye mu ntege nke: Umuhanzi Niyo Bosco ari mu gahinda nyuma yo gucucurwa n’umukozi we

Umuhanzi Niyo Bosco ari mu gahinda nyuma yo gucucurwa n’umukozi we wamwibye ibintu byose byo mu nzu.

Umwe mu nshuti z’uyu muhanzi waganiriye na IGIHE, yavuze ko yari amaze iminsi mike yibwe icyakora aza kubimenya mu ntangiriro z’iki cyumweru ari uko agiye kwimuka.

Mu minsi ishize Niyo Bosco yavuye aho yari atuye ajya kurangiza umushinga wa album ye nshya ari gukoraho, asiga abwiye umukozi we ko nava mu kazi bazahita bimuka.

Ubwo yari arangije akazi, Niyo Bosco wari umaze kubona inzu yo kwimukiramo, yahamagaye umukozi we ngo ajye kuhakora isuku, anamsaba ko yaza kuhajyana ibikoresho byose.

Uyu mukozi yaje kwimuka nta kintu na kimwe atwaye, avuga ko yabishyize mu modoka ngo we ayikurikira kuri moto atwaye n’ibindi bikapu, ngo ahageze aburana na ya modoka kandi nta kiyiranga yari yafashe cyangwa nimero z’umushoferi.

Kutanyurwa n’ibisobanuro by’umukozi we byatumye Niyo Bosco yiyambaza inzego z’umutekano zimuta muri yombi..

Uwo mukozi yamwibye kuva kuri matela, imyenda, amasahane, intebe n’ibindi.

Andi makuru ahari avuga ko kugeza ubu hari bimwe mu bimenyetso byatangiye kugaraza ko yari yarigabije ibikoresho bya Niyo Bosco, nk’amafoto basanze muri telefone ye yambaye imyenda ye n’ibindi.

Niyo Bosco yavuze ko nta kintu yifuza kuvuga kuri iki kibazo kuko kikiri mu iperereza.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Hamenyekanye abakinnyi 2 bahamagawe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi bagiriwe imbabazi kuko batari babikwiye none byaviriyemo Mugunga Yves gusezererwa

Inkuru ibabaje! Umuhanzikazi Miss Erica yitabye Imana mu buryo butunguranye asize abana babiri -AMAFOTO