in

Yabicishaga inyundo n’imikasi! Umwicanyi ruharwa, Kazungu Denis yavuze uko yicaga abakobwa akabanza kubakorera ibindi bikorwa by’ubunyamaswa n’ubwambuzi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, nibwo Kazungu Denis ukurikiranweho kwica abantu 14 harimo 12 yashyinguye mu nzu yabagamo yaburanye  ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro.

Kazungu yabwiye Ubugenzacyaha ko abantu yabakuraga ahantu hatandukanye, yabageza iwe akabazirika, yarangiza akabica akoresheje inyundo, imikasi , akababwira amagambo ateye ubwoba, akabambura amafaranga.

Ndetse kandi yanabasabaga imibare y’ibanga ya telefoni na konte za banki. Hari n’abo yabakoreshaga inyandiko zemeza ko bamuhaye ibyo batunze mu ngo zabo abandi bakandika ko baguze ibyo batunze byose.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze  ko yahitaga abica akabajugunya mu cyobo. Hari abamucitse ari nabo batanze amakuru.

Kazungu ubwe yemera ko yishe abantu 14 ariko imibiri ya 2 yarabuze kubera gusibanganya ibimenyetso. Ibyo yamburaga yabigurishaga yiyise Turatsinze Eric.

Kazungu Denis yavuze ko yicaga abakobwa kubera ko babanje kumwanduza Sida ku bushake. None umwanzuro w’urubanza uzasomwa ku itariki 26 Nzeri 2023 Saa cyenda.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru ihumuriza abanyarwanda bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ibiciro cy’ibiribwa ku isoko

Amwe mu mazina y’abishwe na Kazungu Denis yamenyekanye ndetse hanamenyekana ukuntu yicaga abantu akagenda abagereranya kugira ngo batamara umwanya yari kuzashyinguramo abandi