in

Wasiri yongeye gukina ku mubyimba APR FC yari yizeye ko igiye gutsinda Mukura igasigara irushwa inota rimwe na Rayon Sports – VIDEO

APR FC yatsindiwe i Huye na Mukura VS igitego 1-0, isiga Rayon Sports iyirusha inota rimwe ku rutonde rwa shampiyona. Ikipe y’ingabo z’igihugu yari yizeye amanota atatu ngo yisubize umwanya wa mbere, ariko igitego cya Destin Maranda ku munota wa 28 cyabaye icya nyuma cy’umukino, bituma itahana ubusa. Nubwo APR FC yagerageje kwishyura mu gice cya kabiri, Mukura VS yihagararaho neza, igumana intsinzi imbere y’abafana bayo.

Nyuma y’uyu mukino, umunyamakuru Wasiri yongeye gukina ku mubyimba APR FC, ayibutsa ko Rayon Sports yayibanjirije kuvuka kandi iyirusha umupira. Yongeyeho ko APR FC idakwiye gutegereza ko andi makipe ayifasha gutsinda Rayon Sports, ahubwo igomba kujya yitsindira kugira ngo ibe ishobora gutwara igikombe mu buryo bukwiye.

Iyi ntsinzi ya Mukura VS isize Rayon Sports iyoboye shampiyona n’amanota 41, mu gihe APR FC ifite 37 ikaba igomba gukosora ibitagenda neza kugira ngo igaruke mu murongo mwiza. Abafana bayo bakomeje kugira impungenge, mu gihe Rayon Sports yo igenda isatira igikombe uko imikino igenda ishira.

 

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umutoza wa Manchester City Pepe Guardiola yikomanze mu gatuza mbere y’uko acakirana na Liverpool

Rayon Sports irayoboye, APR FC ikomeje kuyikurikirana hafi! Uko umunsi wa 18 wa shampiyona usize amakipe akurikorana ku rutonde