Inkuru rusange
Wa muhanzi ukiri muto wo muri Rubavu washakaga kurongora umukecu w’imyaka 64 yahishuye ikishe ubukwe bwabo.

Mu minsi yashize nibwo humvikanye inkuru y’umuhanzi w’imyaka 37 y’amavuko ukomoka mu karere ka Rubavu wavugaga ko ari mu rukundo n’umukecuru w’imyaka 64 ndetse ngo biteguraga kurushinga gusa ngo kuri ubu ubukwe bwabo bwamaze gupfa kubera ababyeyi b’uyu musore.
Uyu muhanzi uzwi nka Safi Tech atuye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba mu kagari ka Munanira ho mu mudugudu wa Nyamirama. Atangaza ko afite agahinda kenshi kubera ko atakirongoye umukecuru yihebeye witwa Ntibategera Leocadie w’imyaka 64.Avuga kandi ko ababyeyi be ari bo babaye nyirabayazana mu kwica ubukwe bwe nuyu mukecuru.
Yagize ati ”Urabizi neza ko twari mu rukundo njye nawe dukundana, ariko nyine ababyeyi baravuze ngo ayo ni amahano mama wanjye ati ‘Ndaguca mu muryango ko dushaka umwuzukuru ubwo tuzamubona”. Abahangamu by’ubuzima bavuga ko umugore ashobora gucura ku myaka 45 cyangwa se akayirenza.”
Safi Tech yakomeje avuga ko nyina ariwe wateye utwatsi iby’ubu bukwe cyane ati ”Ni mama wanjye akenshi nubaha cyane, mama yarambwiye ati ntabwo ibyo bintu bishoboka rwose uri muto kandi nkukeneyeho umusaruro mwinshi umukecuru unduta ubwo nzamwita umukazana wanjye gute”.

Uyu muhanzi numukunzi we
Twibutse ko aba bombi bavuzwe cyane mu bitangazamakuru byinshi hano mu Rwanda mu minsi ishize ubwo abantu batari bake bibazaga uburyo uyu musore wimyaka 37 yakundanye n’uyu mukecuru n’uburyo urugo rwabo ruzaba rumeze.
Twifashishije video yashyizwe hanze n’inyarwanda TV kuri Youtube yerekana uburyo uyu muhanzi yakundaga uyu mukecuru yirebe hano hasi:
-
Imyidagaduro22 hours ago
Umunyamakuru Jules Karangwa n’umugore we bizihije isabukuru y’imyaka itatu bamaze barushinze (amafoto)
-
Imyidagaduro1 day ago
Miss Igisabo yifashishije indirimbo y’urukundo yifurije Bruce Melodie isabukuru nziza y’amavuko
-
imikino23 hours ago
Umukinnyi w’Amavubi wiyerekanye cyane muri #TotalCHAN2020 agiye kugurwa akayabo yerekeze mu ikipe ikomeye ku mugabane w’i Burayi
-
Imyidagaduro2 days ago
Producer Eleeeh yasobanuye impamvu abatunganya amajwi bakora nijoro anagenera ubutumwa abavuga ko akora indirimbo ziri mu njyana imwe
-
inyigisho1 day ago
Ntuzemere gushyingiranwa n’umukunzi wawe niba adashobora gusubiza ibi bibazo.
-
Imyidagaduro14 hours ago
Inzozi z’igihe kirekire za Niyo Bosco zirashyize zibaye impamo
-
Ubuzima2 days ago
Ngibi ibimenyetso byakwereka ko umuntu yakuriye mu muryango ukennye cyane.
-
Imyidagaduro21 hours ago
Miss Pamella Uwicyeza yerekanye ko agifite ku mutima The Ben nyuma y’iminsi mike amusize akerekeza muri Amerika