in

Uyu mugore yahishuye uburyo yatangiye guteretana n’abagabo bubatse afite imyaka 13 yonyine.

Umugore w’uburanga witwa Efua Baawuah uzwi ku izina rya Cece Bentil yatangaje ko yatangiye gukundana n’abagabo bubatse afite imyaka cumi n’itatu yonyine.

Uyu mugore wo muri Nigeria, Efua aganira na SVTV Afurika hamwe na DJ Nyaami, yavuze ko byose byatangiye ubwo yatangiraga kwiga kwiyambika neza maze abagabo bakamushikira nubwo yari akiri umwana muto.

Uyu mudamu ubu uyobora iduka rye bwite ryitwa Cece Beauty Organic Cosmetics yavuze ko nubwo yatangiye gukundana nabagabo bubatse akiri muto ,ariko ngo mu buzima bwe ntiyarengeje abagabo 10 baryamanye.

Abajijwe impamvu abakobwa bakiri bato bakunda gusohokana nabagabo bamaze gushaka abagore, Cece Bentil yerekanye ko aribyo ahanini biterwa n’inyungu z’amafaranga baba babakurikiyeho.

Nubwo bimeze bityo ariko, uyu mudamu yagiriye inama abandi bakobwa bakiri bato kutishingikiriza gusa ku bagabo kubyo bashaka ahubwo ngo bakore cyane kugirango babashe kubona ibyo bakeneye byose.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Amakosa mabi ukwiye kwirinda gukora mu gihe ufashe umukunzi wawe aguca inyuma.

Inkuru nziza kuri Kwizera Olivier wa Rayon Sports wari umaze iminsi afunzwe.