in

Uwari nyakamwe, umuryango we warashibutse! Pastor Théogene yapfuye asize aheza mugore n’abana be (Amafoto)

Pastor Théogene Niyonshuti witabye Imana azize impanuka yakoreye mu gihugu cya Uganda, yakunze kumvikana avuga ubuhamya bwe bukakaye, abyirukira ku muhanda gusa apfuye amaze kugera kuri byinshi.

Niyonshuti yinjiye mu buzima bwo ku muhanda yirwanaho nyuma y’ibikomere yasigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yasize umuryango we wishwe, arokoka ari umwe.

Nyuma yo kurambirwa n’ubuzima bwo gushakira amahoro mu rumogi n’ibindi, mu 2003 nibwo yafashe umwanzuro wo kwakira agakiza, ndetse ahamyaga ko akigahagazemo yemye kugeza ubwo yavaga mu mubiri.

Uyu mukozi w’Imana, yapfuye amaze kuzuza inzu nziza cyane i Kigali, asize amaze kubyara abana bane (abakobwa 2 n’abahungu 2) ndetse kandi hari abandi bana barenga 18 yari asanzwe arera iwe mu rugo.

Dukomeje kwihanganisha abagize umuryango we, kandi ku bantu bizera Imana, bizera ko aho ari aruhukiye mu mahoro kubera ko icyabaye ari umubiri watandukanye n’ubugingo. Bivuze ngo ubugingo bwe bukomeje kubaho kugeza iteka ryose.

Nyakwigendera Pastor Théogene n’umuryango we
Inzu Pastor Théogene yujuje i Kigali

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umubare w’abanyampahanga APR FC yamaze kumvikana nabo wakanze abantu

Agahinda n’umujinya byatumye Ish Kevin ajya kuririmba mu gitaramo atatumiwe mo