in

Uwahoze ari myugariro wa Rayon Sports yatawe muri yombi akekwaho kwiba umunyezamu Kwizera Olivier

Myugariro Runanira Amza wahoze muri Rayon Sports afunzwe azira kwiba umunyezamu Kwizera Olivier.

Runanira Amza wasinyiye Rayon Sports muri 2019 avuye muri Marines, nyuma ajya muri Bugesera FC, akaba akekwaho kwiba amafaranga ya Kwizera Olivier yari abitse iwe mu rugo, agenda ayiba gake gake gusa baje kumugwa gitumo.

ISIMBI dukesha iyi nkuru yatangaje ko Amza amaze iminsi mu maboko atari aye, azira Kwizera Olivier na we wakiniye Rayon Sports, APR FC, ikipe y’igihugu Amavubi ubu akaba ari muri Al Kawkab muri Saudi Arabia ibihumbi 27 by’Amadorali.

Kugeza uyu munsi tariki ya 16 ubwo twasohoraga iyi nkuru nta kintu RIB yari yakavuze kuri iki kibazo niba koko uyu mukinnyi afunzwe.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

APR FC igiye kumanura i Nyarugenge ba rutahizamu babiri b’abanya – Nigeria

Haruna Niyonzima ni umukinnyi mushya wa Rayon Sports