in

Umwana w’imyaka 12 wigaga i Musanze yapfiriye mu ishuri

Mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze haravugwa urupfu rw’umunyeshuli w’umukobwa wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye S1 wapfuye kuri uyu wa Gatandatu taliki 13 Gicurasi 2023.

Amakuru avuga ko uyu mwana wari ufite imyaka 12 yarwaye ariko uko asaba uruhushya rwo gutaha iwabo ngo yivuze ikigo kikarumwima agasabwa kwivuriza muri infirmerie y’ikigo!

Ngo yaba yari amaze ibyumweru hafi bibiri arwariyemo ari naho yaguye! Amakuru ava muri iki kigo kandi avuga ko urupfu rwe rwaba rwaramenyekanye hashize hafi amasaha atatu apfuye!

Byari biteganyijwe ko ashyingurwa uyu munsi, gahunda  ikaba yasubitswe ngo umurambo we ubanze upimwe bamenye icyamwishe.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umukobwa w’ikizungerezi Maasai Queen ugaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Zanzibar’ ya Harmonize na Bruce Melodie yaririmbiwe Yolo The Queen – AMAFOTO

“Muzagure agafanta” Perezida wa Rayon Sports n’umuryango we bikozemo maze bashimira ikipe y’abagore yamukijije igisuzuguriro