in

Umutoza ukomeye hano mu Rwanda yatangiye kuganirizwa n’ubuyobozi bwa APR FC kugirango asimbure Thierry Froger utari kwemerwa n’abafana

Umutoza ukomeye hano mu Rwanda yatangiye kuganirizwa n’ubuyobozi bwa APR FC kugirango asimbure Thierry Froger utari kwemerwa n’abafana

Ikipe ya APR FC yatangiye ibiganiro n’umutoza ukomeye hano mu Rwanda kugirango asimbure Thierry Froger urimo kugawa cyane n’abafana benshi b’iyi kipe.

Muri wikendi ishize ikipe ya APR FC yakinnye na Gaadiidka FC mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina amatsinda ya CAF Champions League nyafurika, umukino uza kurangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1.

Nyuma y’uyu mukino abafana ba APR FC batanze ubutumwa ku bayobozi bavuga ko ntamutoza bafite ndetse ko bakumbuye Adil Erradi Mohamed biza kugera ku bayobozi ariko mu buryo bw’ibanga YEGOB twamenye ko batangiye ibiganiro na Lotfi Afhamia urimo gutoza Mukura Victory Sports.

Lotfi Afhamia umwaka ushize yavuzwe cyane mu ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ubuyobozi buramuganiriza abubwira ko ashaka kubanza agatoza ikipe ya Mukura Victory Sports undi mwaka ibyo kugira aho yakerekeza azabitekereza amaze undi mwaka gusa kugeza ubu ashobora kwisanga muri APR FC nyuma y’ibiganiro barimo kugirana.

 

 

 

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
ALPHA FOURNITURE AND SERVICES CO. LTD
ALPHA FOURNITURE AND SERVICES CO. LTD
8 months ago

Ariko njye harikintu kijya Kinshasa cyamakipe yo mu Rwanda, banana umutoza bakamuha umurundo wamafaranga hashira ukwezi cg 2 namasezerano atararangira ngo baramwirukanye ugasanga bararwana no kwishyura ya contract yiwe banahemba undi bazanye barangiza ngo abakinnyi babuze amafaranga kdi bari kuyapfusha ubusa bayahemba utari no mukazi ibi bintu sinzi niba bizacika mu Rwanda kbsa ntibanakwihangana ngo byibura umutoza menyerane nabakinnyi koko? Bajye baha umutoza umwanya uyu munsi ashobora gutsindwa rwose ariko ejo agatsinda

Abamotari bakoze igisa n’imyigaragambyo basohoka muri Pelé Stadium aho bari bahurijwe kugira ngo bahabwe imyambaro (VIDEWO)

Ikipe ya Rayon Sports yifurije amahirwe n’imigisha umukinnyi wa mbere w’umunyamahanga