in

Umutoza Carlos Ferrer yashwanye n’abakinnyi babiri bakomeye ba APR FC abahanisha kutabahamagara mu Amavubi azacakirana na Benin

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 30 agomba gukuramo abazakina na Benin mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika.

Ni imikino izaba tariki ya 22 Werurwe muri Benin ndetse na na 27 Werurwe 2023 mu Rwanda, azaba ari umukino w’umunsi wa 3 w’itsinda L.

Muri aba bakinnyi bahamagawe harimo gutungurana aho nk’abakinnyi nka Haruna Niyonzima ukina muri Libya, Hakizimana Muhadjiri wa Police FC, Ruboneka Bosco na Niyibizi Ramadhan ba APR FC, na Niyonzima Olivier Seif wa AS Kigali bari bahagaze neza benshi bumvaga ko bakwiye guhamagarwa batahamagawe kandi bitwara neza mu makipe ya bo.

Impamvu nyamukuru yatumye umutoza Carlos Ferrer yanga guhamagara Ruboneka Jean Bosco na Niyibizi Ramadhan ni uko bigeze gushwana ubwo bari mu mwiherero benda gucakirana na Ethiopia mu irushanwa rya CHAN.

Written by Social Mula

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Nashali Alma uherutse kurwanira n’umusore muri Gym yahawe igihembo (AMASHUSHO)

Nyamirambo: Umusore yagiye gutabara umumotari n’umugenzi bari baguye hasi maze bamutera ibyuma ahasiga ubuzima