in

NDASETSENDASETSE

Umusore wakundanye na wa mukobwa Rocky yambitse impeta amennye umuceri hasi

Moses wakundanye n’umukobwa wagaragaye ku mafoto Rocky arimo kumwambika impeta yavuze byinshi mu byo bacanyemo mu rukundo rwabo ndetse anagaragaza agahinda afite ko kuba uwo mukobwa yarakinishijwe filime hakabeshywa ko yakoze ubukwe nyamara ntabwabaye.

Mu kiganiro yagiranye na The Choice Live, Moses yavuze ko yababajwe no kubona amafoto agaragaza Rocky yakoze ubukwe n’umukobwa bigeze gukundana (Ex we). Yongeyeho ko yababaye ubwo yabazaga mu muryango w’uwo mukobwa akaza kumenya amakuru ko nta bukwe bwabaye ahubwo ngo ari filime bari gukina.

Moses yavuze ko uriya mukobwa yamureze ndetse anavuga ko ariwe wamujyanye muri Kaminuza i Butare akamumenyereza kuko yahigaga. Yanavuze kandi ko aziranye cyane n’umuryango w’iwabo akaba ari nayo mpamvu akibona amafoto ari kumwe na Rocky yahise abaza mu muryango w’iwabo ngo yumve ko umukobwa wabo yarongowe agasanga ataribyo.

Moses

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ukuri mwahishwe ku cyiswe ubukwe bwa Rocky Kirabiranya.

Inkuru mbi itugezeho nonaha: Muri Nyabugogo undi muntu ariyahuye