in

Umunyamakuru wa RBA yinjiye mu mwuga wo guhimba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana

Umuhanzi René Patrick yinjije ku mugaragaro mu muziki umugore we, Tracy Agasaro, usanzwe ari umunyamakuru wa RBA kuri televiziyo yayo ya kabiri izwi nka KC2.

Aba bombi ubusanzwe baririmbanaga mu bitaramo bitandukanye ariko bari batarashyira hanze indirimbo bahuriyemo.

Kuri ubu bashyize hanze indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho bise “Jehovah’’. Ni indirimbo yo gushimira Imana.

Hari aho baririmba bati “Impamvu tuguhimbaza, tukanagutambira n’uko watubereye Imana, twabonye ineza yawe. Jehovah uri Imana nkuru, Jehovah ukwiye amashimwe.’’

Iyi niyo ndirimbo aba bahanzi bashyize hanze nyuma yo kurushinga ku wa 4 Ukuboza 2021.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ako kaguru karekare uzakagabanye! Anita Pendo umukobwa wirwanyeho yataramiweho nyuma yo kugaragaza itako rye maze nawe mu kubihuhura arenzaho ijambo risekeje -IFOTO

Dore uko urutonde rwa shampiyona ruhagaze nyuma yuko Kiyovu ibatijwe bine-zero, ndetse n’Amagaju akitunira kuri Rayon Sport