in

Umukuru w’umudugudu yaciwe ugutwi n’umuturage

Umuyobozi w’Umudugudu w’Abemeramahoro uherereye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, yarumwe ugutwi n’umuturage wasinze, igice kimwe gihita kivaho nyuma yo kujya guhosha imvururu zari zivutse mu kabari kari hafi y’urugo rwe.

Uyu muyobozi w’imyaka 43 yarumwe ugutwi n’umuturage wari wasinze ari guteza imvururu mu kabari, abari bakarimo bahitamo kujya guhuruza umuyobozi w’Umudugudu, ubwo yahageraga ngo yagerageje kubakiza

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Kabandana Patrick, yabwiye itangazamakuru ko uyu muyobozi yarumwe ugutwi ubwo yajyaga guhosha amakimbirane yari avutse mu kabari.

Yagize ati “Ni ahantu hari akabari hari hari imvururu Umukuru w’Umudugudu ajyayo agiye gutabara, umuntu rero nibwo yamusagariye amuruma ugutwi gusa ku bufatanye n’inzego z’umutekano twahise tumufata kuri ubu yafunzwe.”

Gitifu Kabandana yavuze ko uyu muyobozi yajyanywe kwa muganga kugira ngo ahabwe ubuvuzi bw’ibanze asaba abaturage kwitwararika bakirinda ubusinzi, bakubaha inzego z’ubuyobozi kuko zibereyeho kubafasha aho kubarenganya.

Kuri ubu uyu mugabo warumye ugutwi kwa Mudugudu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Mukarange.

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Kigali: Umugabo yaguze indaya abuze ayo kwishyura imukorera ibiteye agahinda

Wa mukobwa wari wambaye hafi ubusa muri Arena yahaye ubutumwa abamuciriye urubanza n’abavuze ko yishe umuco bose (video)