in

Umukunzi w’Amavubi yasabye RIB gukurikirana ibyo yise Ruswa biri kubera mu ikipe y’igihugu Amavubi muri iyi minsi ari mu mwiherero

Umukunzi w’Amavubi yasabye RIB gukurikirana ibyo yise Ruswa biri kubera mu ikipe y’igihugu Amavubi muri iyi minsi ari mu mwiherero.

Ku munsi w’ejo hashize nibwo ikipe y’igihugu Amavubi yasezereye abakinnyi bagera kuri batanu mu mwiherero.

Mu kiganiro Urukiko rw’imikino kuri RadioTv10, havugiwemo ko mu Mavubi harimo ruzwa itangwa n’abakinnyi ku batoza kugira ngo bahabwe umwanya wo gukina.

Muri icyo kiganiro hatungwa agatoki abatoza b’ungirije aho bavugwaho gusaba abakinnyi amafaranga kugira ngo bazabahamagare mu ikipe y’igihugu.

Nyuma y’icyo kiganiro, umwe mubakoresha urubuga rwa X, yafashemo agace gato maze asaba RIB ko yabikurikirana.

Yagize ati: “RUSWA: abanyarwanda twicara dukanuye amaso ngo turi kureba amavubi dutegereje Intsinzi, ndetse tukajya n’aho yakiniye tukayashyigikira. Iyumvire ibibera imbere mu ikipe biteye isoni. Turasaba RIB kurenganura abanyarwanda kuko amarira, agahinda duterwa n’aba bantu arakabije.”

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abarimo umukinnyi wa APR FC benshi baba bemeza ko afite ubushobozi bwo gufasha ikipe y’igihugu birukanwe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi

“Ubwose izo nkwi mwari muzijyanye he ko tuziko mucana kuri gas” Linda Pria na wamukobwa witwa Cadette waraye mu cyumba cya Dovido agatsindira ishati ye barikoroje nyuma yo kugaragara bavuye gutashya – Amafoto