in

NdabikunzeNdabikunze NdababayeNdababaye NDASETSENDASETSE

Umukobwa yihenuye ku basore bose agifite itoto none ari kuririra mu myotsi||dore uko yabaye.

Miriam Nduta ukomoka muri Kenya ari kuririra mu myotsi nyuma yo kwihenura ku bamuteretaga  azi ko azabona undi musore akaba yarahebye.

Uyu mukobwa wo muri Kenya yavuze uburyo yanze ibyifuzo bitandukanye byo gushyingirwa ubwo yari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko. Icyo gihe yakunzwe na benshi umwe amwambika impeta arayiyambura kuko yumvaga adashimishijwe n’uwayimwambitse.

Miriam Nduta ubu ufite imyaka isaga 30 y’amavuko, aho amahirwe yagize agitemba itoto akabenga yayoyotse, avuga ko kubona umugabo ari Imana yonyine izamumuha. Mariam yakundanye imyaka 5 n’umusore wamwambitse impeta ariko umukobwa aza kuyiyambura. Yavuze ko umubano w’imyaka itatu wari ukomeye.

Umusore bakundanaga yamubwiye ko yiteguye kumurongora. Ati: “Icyakora, icyo gihe yashimangiraga kundongora, nari maze kubona akazi gashya ko kuba umuyobozi wungirije mu kigo ahantu, kandi sinari niteguye, numvaga ndi umuntu urenze rero nkuramo impeta”.

Umusore abonye impeta Miriam Nduta ayikuyemo, yahise ashaka undi mugore byihuse, ibi kwiyambura impeta Mariam abona ko byamuteye umwaku akagumirwa burundu, Ati: “Impamvu ituma nkiri ingaragu ni uko igihe abantu bakomeye bari mu buzima bwanjye , ntabwo nari niteguye numvaga nshaka abandi basore abantereta nkumva ndabarenze rimwe na rimwe.” Miriam Nduta avuga ko ubu kubona uzongera kumwambura impeta ari Imana yonyine azabimufashamo.

Reba amakuru ya Showbiz agezweho:

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umuyobozi w’ishuri yaguwe gitumo ari kumwe n’umunyeshuri w’umukobwa muto mu biro bye, dore ibyo ababyeyi bamukoreye(Video)

Uteka Kuri Gas?? Dore bimwe byagufasha gutuma idashira vuba