in

Umukino uzahuza u Rwanda na Senegal ntukibereye mu Rwanda bitunguranye

Umukino ugomba guhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi n’ikipe ya Senegal usoza itsinda ryari ririmo u Rwanda, Senegal, Benin ndetse na Mozambique mu gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika ntabwo uzabera mu Rwanda.

Umukino wa mbere utangira rino tsinda ku ruhande rw’u Rwanda, umukino wagombaga guhuza Senegal n’amavubi wari bubere hano mu Rwanda ariko icyo gihe u Rwanda nta Sitade yari yemewe na CAF yari ihari FERWAFA yavuganye na Federasiyo ya Senegal umukino aba ariho ubera.

Byavugwaga ko umukino wo kwishyura uzabera mu Rwanda ariko byari ukubeshya, amakuru dukesha Fine FM avuga ko uyu mukino ugomba kubera muri Senegal nyuma yibyo u Rwanda rutumvikanyeho na Federasiyo ya Senegal.

Uyu mukino w’u Rwanda na Senegal ugomba kuba tariki 9 Nzeri 2023, nkuko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF yamaze kubitangaza.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Kubera ibyishimo izuba ntabwo yaryumvaga: Umuhanzi Chris Eazy yamaze kugera muri Zambia aho agiye gutaramira aherekejwe na Bossi we Junior Giti -AMAFOTO

Bazayitoza ari 3! Hamenyekanye abatoza bahabwa amahirwe yo gutoza Amavubi ku mukina afitanye na Senegal