in

Umukinnyi w’umunyamahanga APR FC iheruka gusinyisha ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusanga hano mu Rwanda ikintu gikomeye cyigiye gutuma asubira gukina i Burayi

Umukinnyi w’umunyamahanga APR FC iheruka gusinyisha ari mu byishimo bikomeye nyuma yo gusanga hano mu Rwanda ikintu gikomeye cyigiye gutuma asubira gukina i Burayi

Rutahizamu APR FC iheruka gusinyisha ari kwishima bikomeye nyuma yo kugera hano mu Rwanda agasanga ashobora gukora ibitangaza akongera agasubira gukina ku mugabane w’i Burayi.

Mu minsi ishize nibwo ikipe ya APR FC yatangaje abakinnyi b’abanyamahanga bashya izakoresha umwaka utaha nyuma yo kumara imyaka igera kuri 12 ikinisha abakinnyi b’abanyarwanda.

Mu bakinnyi ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije harimo Apam Assongwe, Victor Mbaoma, Shaiboub, Pavel Ndzila, Pitchou ndetse n’abandi bakomeye. Muri aba bakinnyi rutahizamu Victor Mbaoma akomeje kugaragaza ko ba myugariro bari hano mu Rwanda ntawuzabasha kumuhagarika.

Ku munsi w’ejo hashize ubwo ikipe ya APR FC yakoraga imyitozo umutoza Thierry Froger yahisemo amakipe 2 bakina umukino ariko Victor Mbaoma yerekanye ko ari rutahizamu mwiza nyuma yo gutsinda ibitego 3 ari nabyo byabonetse mu mukino.

Uyu rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Nigeria kuza hano mu Rwanda nubwo bitavizweho rumwe na benshi mu gihugu cye, avuga ko afite gahunda yo gusubira gukina i Burayi. Mbaoma nyuma yo kuza hano mu Rwanda arashaka gutsinda ibitego byinshi bikaba byamuha amahirwe yo gusubira gukina i Burayi dore ko yanahakinnye.

 

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mbere ko bagiraga ubwoba baje kubushira gute! Umugore yaguwe gitumo arimo akorera amahano umubiri w’umugabo we yaramaze kwivugana

Ibise byo biragarukirahe?: Inkuru itaryoheye amatwi y’abakunzi ba Rayon Sports yatangajwe na Perezida wayo yatumye bamwe mu bakunzi b’iyi kipe batangaza amagambo akakaye