in

Umukinnyi ukomeye wa Rayon Sports yongeye kuburirwa irengero nyuma yo gutegereza umushahara amaso agahera mu kirere

Umukinnyi wo hagati mu kibuga mu ikipe ya Rayon Sports n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Nishimwe Blaise ntabwo ari gukora imyitozo ndetse ubuyobozi bwa Rayon Sports ntabwo buzi aho ari.

Uyu mukinnyi ukunda kurangwa n’imyitwarire itari myiza hanze y’ikibuga ntabwo ari inshuro ya mbere yanze kwitabira imyitozo muri Rayon Sports kuko akunda kubikora inshuro nyinshi.

Amakuru dukesha Radio Flash FM ni uko Nishimwe Blaise ubuyobozi bwa Rayon Sports butazi aho ari kuko yakuyeho telefone, bikaba bivugwa ko atishimiye kuba iyi kipe itari yabahemba ukwezi gushize kwa Gashyantare.

Nishimwe Blaise arabura amezi akabakaba ane gusa ngo asoze amasezerano y’imyaka itatu yari yasinye muri 2020 ubwo yari avuye mu ikipe ya Marines FC.

Written by Social Mula

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Kabasele ya mpanya
Kabasele ya mpanya
1 year ago

Ntabwo ari uko abakinnyi ba Rayon sport y’iki gihe bakwiye kwitwaza. Niba hari n’abandi bamurambagije; ni aceho yigendera. Ni ubundi ubwo nta gikeneye kubanza natwe. Nitigendere rwose azaze tumuhe ibye tumugomba nawe aduhe ibyacu atugomba( nk’ikarita y’uko yari umukinnyi wacu n’ibindi n’ibindi) ni atabiduha kandi nta release letter tuzamuha.

Umushabitsikazi Keza Terisky witegura kwibaruka umaze igihe kinini yarabuze ku mbuga nkoranyambaga yagarutse benshi baratungurwa (Amafoto)

Urukundo ni rwogere: umwarimu w’imyaka 39 yiboneye urubavu rwe nyuma y’imyaka myinshi abengwa kubera indeshyo ye(AMAFOTO)