in

Umuhanzi nyarwanda yatewe ibyuma hafi yo kwicwa arimo yishyuza amafaranga 12,0000

Umwe mu bahanzi bo mu Rwanda ari mu kababaro nyuma yo guterwa icyuma n’uwo yari yizeye ndetse atekereza ko afite umutekano.

Umuhanzi King Boy Ngomijana ukomoka mu Karere ka Rubavu akaba ari naho akorera umuziki, yatewe icyuma n’umuntu yari agiye kwishyuza amafaranga yamugurije bakagirana n’amasezerano. Yakomerekejwe bikabije n’icyuma yatewe n’uwo yafashije.

Uyu muhanzi yavuze ko yinangiye akanga kuva muri urwo rugo kugeza ahawe amafaranga ye ari nabwo yahitaga aterwa icyuma.

Ati “Namusabye amafaranga aranga, nanjye mubwira ko ndahava ayampaye. Yararakaye, afata icyuma umugore we yarimo guhatisha ibirayi arakintera mpamagara ubuyobozi n’abaturanyi banjyana kwa muganga”.

 

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Manzi
1 year ago

Hhhh nikwisimera ark buriya amategeko Arabikur
ikirana kuburyo ashobora gukora 15 nyakiriba

Undoubtedly 2 players from Rayon Sports may move to APR FC even though they are going to bring back foreign players

Se wa Lionel Messi yageze mu banyamafaranga agiye gushakira Messi ikipe nshya