in

Umugabo witwa sinabamenye Protais yiyahuye akoresheje intwaro karahabutaka itamenyerewe mu baturage basanzwe bo mu Rwanda gusa hahise hakekwa aho yaba yarayikuye 

Umugabo witwa sinabamenye Protais yiyahuye akoresheje intwaro karahabutaka itamenyerewe mu baturage basanzwe bo mu Rwanda gusa hahise hakekwa aho yaba yarayikuye

Sinabamenye Protais w’imyaka 44 wo mu Karere ka Rulindo yiturikirijeho gerenade , ahita apfa.

Ibi Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 3 Kanama 2023,bibera mu Murenge wa Tumba,Akagari ka  Musezero,Umudgudu wa Karambi.

Amakuru ubuyobozi bwa Tumba bwamenye kandi ni uko uyu mugabo yahoze ari mu rwego rushinzwe gucunga umuteka rwa Local defense bityo bikekwa ko yaba yari afite iyo ntwaro kuva na kera na kare.

Kugeza ubu haracyakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu y’uko kwiyahuza gerenade, ndetse hagirwa inama abantu bafite intwaro kuzishyikiriza inzego z’umutekano mu rwego rwo kwirinda imfu za hato na hato.

Kugeza ubu ntiharamenyakana impamvu yo kwiyahura akoresheje gerenade, Uyu mugabo asize umugore na’abana bane

 

Ivomo: UMUSEKE

 

 

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Kayonza: Umugore yasanze ntayindi mpano yaha umugabo we ku munsi w’umuganura ahitamo ku mukubita majagu yo mu mbavu

Abakinnyi b’ikipe izakina na Murera basesekaye i Kigali gusa uburyo bagaragara bishobora gutuma abakunzi ba Gikundiro batamwenyura ku munsi w’Igikundiro -AMAFOTO