in

Ubukene buravuza ubuhuha muri Rayon Sports, abandi bakinnyi barasaba kuyisohokamo , “Ibi ni byo twari twarategereje ku bayobozi bashya ba Rayon?

Ibibazo by’ubukungu bimaze iminsi bivugwa muri Rayon Sports bikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko Omborenga Fitina yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe asaba gusesa amasezerano, abandi bakinnyi bane nabo bagiye gukurikira ubwo buryo nyuma y’umukino wa Shampiyona uzahuza Rayon Sports na Rutsiro FC ku wa Kane, tariki ya 8 Gicurasi 2025.

Aba bakinnyi barimo Nsabimana Aimable, Hadji Iraguha, Bugingo Hakim na Kapiteni Muhire Kevin. Bose bavuga ko ibyo basezeranyijwe n’ikipe bitubahirijwe, cyane cyane ku bijyanye n’imishahara n’ibindi byagombaga gutuma babaho neza mu kazi kabo.

Ibibazo by’imishahara si bishya muri iyi kipe, kuko mbere yaho, umutoza wungirije Robertinho nawe yari amaze kwegura kubera kudahabwa umushahara, asimburwa na Rwaka Claude wahoze atoza ikipe y’abagore ya Rayon Sports. Nyuma y’aho, Robertinho nyir’izina nawe yahagaritswe. Mu kiganiro yahaye Radio/TV10 Rwanda, uyu Munya-Brazil yavuze ko aberewemo ibirarane by’imishahara, ndetse ko yandikiye ubuyobozi abusaba kwishyurwa agahabwa n’itike imusubiza iwabo, gusa kugeza ubu nta cyemezo kirafatwa ku kibazo cye.

Aya makimbirane arimo kubera Rayon Sports mu gihe iheruka gutsindwa umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro na mukeba APR FC ku bitego 2-0, bikayambura amahirwe yo kwegukana igikombe. Gusa iracyari ku isonga muri Shampiyona n’amanota 53, ikarusha APR FC inota rimwe mu gihe amakipe yombi atarakina umunsi wa 26 wa Shampiyona.

Ibi bibazo ntibyagarukiye ku ikipe y’abagabo kuko amakuru aheruka agaragaza ko na Rayon Sports y’abagore iberewemo imishahara y’amezi atatu. Ibi byagize ingaruka no ku musaruro w’ikipe ubwo yatsindwaga na Indahangarwa ibitego 4-2 mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro.

Hadji Iraguha umwe mubakinnyi bagenderwagaho muri Rayon sports bivugwa ko atagishaka Ku guma muri Rayon sports Dore ko na masezerano ye aranjyirana na Gicurasi
Nsabimana Aimable myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi usaba ko hubahirinzwa ibikubiye mu masezerano
Bugingo Hakim myugariro wo kuruhande rwibumoso nawe ushinja ikipe kutubahiriza ibikubiye mu masezerano
Omborenga Fitina wandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe asaba gusesa amasezerano,
Kapiteni Muhire Kevin umwe mu bakinnyi bafashije Rayon sports umwaka ushize w’imikino

 

Bitewe n’ibi bikomeje kubera mu ikipe, hibazwa niba ubuyobozi bushya bwashyizweho busimbura Uwayezu Jean Fidele, bwari buje gukemura ikibazo cy’ubukene cyari cyugarije Rayon Sports cyangwa niba hari ibindi birimo amayobera. Ese koko ubuyobozi bushya bwa Rayon Sports bwasimbuye Jean Fidele Uwayezu bwaje kuvura ikibazo cy’ubukene cyari cyugarije iyi kipe cyangwa hari izindi nzitizi zitagaragara ku mugaragaro?

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Kaneza Hugo Denzel: Byinshi ku rugendo rw’umukinnyi ukiri muto ufite inzozi zo Kugera Ku rwego rwo hejuru muri Volleyball

Natacha Ndahiro avuga ko yiteguye gukina amafilime arimo gukora imibonano mpuzabitsina igihe bifite inyungu !

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO