in

Turahirwa Moses yateranye amagambo n’abari bari kuvuga ko adafite aho akinga umusaya ahubwo yibera ku muhanda 

Turahirwa Moses yateranye amagambo n’abari bari kuvuga ko adafite aho akinga umusaya ahubwo yibera ku muhanda.

Byose bijya gutangira byatangijwe na The Cat ubwo yashyiraga hanze ifoto ya Turahirwa Moses ahagaze mu mihanda ya Dubai.

Ifoto yashyizeho igaragaza uwo yitaga Moses yegamye ku nkengero z’umuhanda arimo gutumagura itabi.

Iyi foto niyo uwitwa The Cat yifashishije avuga ko uyu Turahirwa Moses yaba adafite aho akinga umusaya ahubwo yibera ku muhunda(Homeless).

Intandaro yo guterana amagambo yavuye ku witwa denexpoint watanze igitekerezo ku byo Thecat yavuze amwunganira ubwo yahamirizaga abantu ko yamubonye ku muhanda yambaye agakabutura ariko kumufotora bikamunanira.

Uwitwa Dene point yunze mu rya The Cat nawe ahamiriza abantu ko yamwiboneye.

Ni bwo Turahirwa Moses nawe yahise aza asubiza uwo witwa Thenexpoint amubwira ko niba koko yaramubonye yari kuba yamuhaye icumbi nk’umuntu utagira iyo aba.

Turahirwa Moses nawe ntiyaripfanye yahise aza abwira uwo musore ko nawe yamubonye arimo aramwereka mugenzi.

Nyuma y’iyo nkundura uwahamyaga ko yamubonye koko yatangiye kwisubiraho ndetse avuga ko Moses atigeze abura aho Arara.

Ni mu bundi butumwa Denexpoint  yasubije Moses amwiseguraho avuguruza ibyo yavuze byo kuba atagira aho aba.

Kuri ubu bamwe bari kuvuga ko Moses  yaba aherereye Dubai gusa ntibizwi neza niba yaba yaravuyeyo.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Gasabo: Abaturage bari bafite agahinda n’amarira menshi mu muhango wo gushyingura umudamu wiciwe iwe urwagashiyaguro

Ifoto igaragaza Kylian Mbappe akora mu matama ya Cristiano Ronaldo yatumye benshi bacika ururondogoro – IFOTO