in

“Shema Ngoga Fabrice yasezeranyije Amavubi intsinzi: ‘Nzahagarara aho bikenewe hose ngo tuyigereho’”

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yasezeranyije abakinnyi b’Amavubi ko azakora buri kimwe gishoboka kugira ngo intsinzi iboneke mu mikino y’ishyaka yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi.

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi b’Amavubi ku wa Gatatu, tariki 8 Ukwakira 2025, aho bari mu mwiherero bitegura umukino uzabahuza na Benin kuri uyu wa Gatanu. Shema yashimangiye ko afite icyizere mu ikipe, agaragaza ibyishimo byo kubona Mangwende yagarutse ndetse yizeza ko abakinnyi bashya bataje bazahabwa amahirwe mu bihe biri imbere.

Yagize ati: “Nkunda intsinzi kandi nakora buri kimwe cyose ngo tuyigereho, ariko byose bizagerwaho nimwe mukoresheje imbaraga zanyu.”

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice

 

Yasabye abakinnyi kwitwara neza, avuga ko gutsinda bizafasha guteza imbere isura y’igihugu. Uyu muyobozi yavuze ko umukino wo ku wa Gatanu uzaba ari umunsi ukomeye, igihugu cyose kigahanura amaso kuri Stade. Nyuma yawo, Amavubi azerekeza muri Afurika y’Epfo gukina umukino wa nyuma uzaba tariki 14 Ukwakira 2025.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Tigers BBC Yegukanye Igikombe cya Rwanda Cup 2025

Memphis Depay: Umunyabigwi w’u Buholandi wigaruriye imitima y’abanya-Brezil

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO