in

Shaddy Boo yakoze igikorwa cy’ubutwari nyuma y’inkuru imaze iminsi y’abana 2 basigaye mu nzu bonyine kubera ko Mama wabo yafunzwe azira amafaranga 1,000Frw

Mu bitangazamakuru bitandukanye hamaze iminsi havugwa inkuru yakoze ku marangamutima ya benshi y’umwana w’imyaka 12 n’uw’irindwi b’umuryango wo mu mu karere ka Gasabo, bari kwibana bonyine nyuma yuko ababyeyi babo bombi bafunzwe.

Uherutse gufungwa ni mama wabo wafunzwe azira amafaranga 1,000 Frw y’umutekano yari yabuze nkuko bivugwa n’abaturanyi, iyi nkuru Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo yamukoze ku mutima, maze yemera kwishyurira uyu mubyeyi amafaranga y’umwaka wose kugira ngo bamureke asange abana be.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter witter Shaddy Boo yatangaje ko yemeye kwishyurira uyu mubyeyi amafaranga y’umwaka wose.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
2 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Ndanay birder
Ndanay birder
1 year ago

None se ibyo bisambo byarekuye uwo mubyeyi,cyangwa byinangiye kubera isoni?

NIYOMUGABO ERIC
NIYOMUGABO ERIC
1 year ago

Shady boo Imana imuhe umugisha

“Ngukunda kurusha uko ubizi mugore muto” Meddy yafashe umwanya atakagiza mushiki we ku munsi w’amavuko

Manchester City yakanze ahababaza ikipe ya Arsenal iyoboye urutonde rwa shampiyona